







- Gahunda y’igisibo n’ibikorwa byo gusangira iftari kirakomeje muri Jamaat za Montreal na Gatineau-Ottawa.
- Ibikorwa bya gutanga Zakat Maal birakomeza.
- Ibirori bihuza abantu mu IHURIRO bizaba nanone uyu mwaka mu kwa 6
Twongeye kubashimira inkunga mudutera mu gufasha abacu! Ihuriro ry’inkunga riragira riti: IBYANYU NIBYO MUTANZE!
Mushobora kuganira natwe muduha ibitekerezo byanyu mubicishije ku rubuga rwacu rwa bologe
Montreal, Toronto, Gatineau-Ottawa, Beligique, Huston-Texas ndetse na France. Ni zimwe muri Jamaat zakomeje kutuba hafi. Nawe wo muri Jamaat zindi ushobora kutuvuganira cyangwa kutwegera tugahana ibitekerezo mu nzira ziduteza imbere!
Reba ibiganiro biteganyijwe n’ibyahise HANO
Mushobora gukurikira ibiganiro byacu kuri Interenet mukoresheje ZOOM.
Gahunda ya Mituweli
Iyi gahunda ngarukamwaka igamije gutanga ubufasha ku bantu 2000 kubona mituweli uyu mwaka. Ubu buryo butumwa twizera ko nibura abatishoboye babona ubuvuzi bw’ibanze bakeneye. Turakwibutsa ko iyi gahunda isaba amadorali atanu (5$) gusa ukaba ufashije umuntu igihe kingana n’umwaka wose. Iyi gahunda izatwara Frw 3000 000. Menya birambuye iyi gahunda.
Ibyagezweho guhera muri 2012
Abarenga 9 500 barihiwe mituweli
Abakene 539 barihiwe muri 2025
Ubu bufasha mu by’ubuzima bikorwa guhera 2012
Buri Mituweli imwe ni ubufasha bw’umwaka wose ku muntu umwe.
Zakati Maal izahura ubukungu bw'abatishoboye
Ibikorwa bya Zakat Maal byatangijwe muri 2022, byatumye hari inkunga yatangiye kugera kubayigenewe mu Rwanda no mu Burundi. Ibyo bikorwa byarakomeje muri 2024 mu Rwanda no muri 2025 mu burundi.

Amafunguro ku bashonje
Iyi gahunda igamije gutanga ubufasha bwihuse buhabwa imiryango idafite icyo gufungura kubera impamvu zitandukanye z’ubuzima zituma batabasha kubona amafunguro.
Iyi gahunda ishoboka kubera ubwitange bw’abantu batandukanye nkawe!
Inzara iraryana natwe twibuke abashonje nibura dufashe abo dushoboye.

Gahunda y’uburezi
Iyi gahunda igamije guhugura abantu mu buryo butandukanye kugirango batere imbere haba mu bumenyingiro cyangwa ubundi bumenyi ubwo aribwo bwose harimo Iyobokamana kugirango babashe kugira ubuzima bwiza.
Umuryango Ihuriro ry’inkunga watangiye utanga inguzanyo ku banyeshuri bifuza kwiga imyuga ibategura kujya ku soko ry’ umurimo vuba bityo bagatangira kwibeshaho .
Ubundi buryo bukoreshwa ni ugutanga amahugurwa aciye ku murongo wa Interineti (eDarsa) bityo bikongera ubumenyi butandukanye.
Imibare ku gahunda y’uburezi
- kuva 2011 hakozwe umushinga watanze inguzanyo, ku banyeshuri bigaga mucyahoze ari Kaminuza y’ u Rwanda (NUR).
- Muri 2016 no 2017 hishyuriwe inguzanyo banyeshuri 5 biga imyuga itadukanye mu Rwanda, bamwe baka bamaze kurangiza.

Gahunda yo gutanga Zakat fitri
Buri mwaka Umuryango Ihuriro ry’Inkunga, rikusanya amaturo (zakatul-fitr), ayo maturo akaba atangwa n’abanyamuryango b’abasilamu batuye ku mubihugu nka Amerika ,Canada, Ubwongereza , Ububiligi, Finilande n’ubufaransa. Iyi gahunda yeguriwe amajamaat atandukanye mu mahanga akayohereza aho yifuza.
Imibare kuri Zakati fitiri
- Iki gikorwa cyatangijwe mu mwaka wa 2010, gikomeza mu myaka ya 2011, 2012, 2013 aho twakusanyije inkunga zakat fitri igatangwa mu Rwanda.
- kuva 2014 kugeza 2019 twabashije gukusanya no gutanga Zakat fitri mu Rwanda no mu Burundi.

