Zakati Maali ni iki?

Zakati (cyagwa Zakatul Maal) ni igeno ry’itegeko ritangwa rivanwa mu mutungo bwite w’umuntu, rihabwa abantu runaka, mu gihe runaka, iyo wujuje igipimo fatizo (Nissab).

Zakati ni imwe mu nkingi z’ingenzi zigize ubuyisilamu, nyuma y’ubuhamya bubiri (Guhamya Imana n’intumwa yayo) n’amasengesho (Swalat), ikaba ari inkingi ya gatatu (3) mu nkingi eshanu (5) z’ubuyisilamu.

Tanga Zakati yawe hano

Igipimo cya Nisab Ubu

Nisab ni urugero rw’umutungo umuntu agomba kuba afite kugira ngo Zakat ibe itegeko kuri we. Ibiciro bikurikira ni ibigereranyo kandi bishobora guhinduka bitewe n’isoko rya zahabu, ifeza ndetse n’ivunjisha ry’amafaranga.

IgihuguNisab y’IfezaNisab ya ZahabuIfaranga
Canada2,345 CAD (Tariki y’igenagaciro: 12 Gicurasi 2026)18,174 CAD (Tariki y’igenagaciro: 12 Gicurasi 2026)CAD
USA1,708 USD (Tariki y’igenagaciro: 12 Gicurasi 2026)13,329 USD (Tariki y’igenagaciro: 12 Gicurasi 2026)USD
Belgique1,457 EUR (Tariki y’igenagaciro: 12 Gicurasi 2026)11,356 EUR (Tariki y’igenagaciro: 12 Gicurasi 2026)EUR
France1,457 EUR (Tariki y’igenagaciro: 12 Gicurasi 2026)11,356 EUR (Tariki y’igenagaciro: 12 Gicurasi 2026)EUR
Rwanda2,498,668 RWF (Tariki y’igenagaciro: 12 Gicurasi 2026)19,493,240 RWF (Tariki y’igenagaciro: 12 Gicurasi 2026)RWF
Burundi5,086,158 BIF (Tariki y’igenagaciro: 12 Gicurasi 2026)39,679,426 BIF (Tariki y’igenagaciro: 12 Gicurasi 2026)BIF

Nisab y’ifeza ni yo ikoreshwa cyane kuko ituma abantu benshi bafite ubushobozi batanga Zakat kugira ngo ifashe abakene n’abatishoboye. Turagusaba kugenzura ibiciro bishya mbere yo kubara Zakat yawe.

Tanga Zakat Yawe

ZAKAT yatanzwe mu RWANDA

ZAKAT yatanzwe mu BURUNDI

Ibibazwa Cyane

Zakati Maali ni amaturo y’itegeko atangwa atangwa mu mitungo yagenwe mu gihe cyagenwe.

Abahabwa zakati maali ni abantu bari mu bice 8 bizwi:

  1. Abatindi;
  2. Abakene;
  3. Abayisaruza (NB: Ntabwo United for Assistance ifata kuri ZAKATI isaruza na gato);
  4. Abamenyerezwa muri Isilamu;
  5. Abacakara;
  6. Abaremerewe n’imyenda;
  7. Abari mu nzira y’Imana;
  8. Abari k’urugendo.

Sobanukirwa birambuye ukurikira iri somo.

Usibye ibice 8 byavuzwe haruguru, ntahandi Zakati yemerewe gukora. Yewe no kubaka imisigiti ntabwo biri mu biteganyijwe mu maturo ya Zakati Maali. Ni byiza kwiga ugasobanukirwa n’ibyo bice.